APR FC yerekanye abakinnyi 6 imaze kugura ndetse na 3 yarekuye

Utuntu n'utundi

Ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC igomba guhagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga ya Afurika CAF Champions League igomba gutangira muri Nzeri yerekanye ku mugaragaro abakinnyi 6 yaguze n’abo yatandukanye nabo

 

. APR FC yaguze abakinnyi 6

 

Ubuyobozi bw’iyi kipe y’ingabo z’igihugu bwaguze aba bakinnyi kubera ubusabe bw’abatoza b’iyi kipe basabye Abakinnyi bifuza ndetse no kuziba icyuho cy’abamaze kubona amakipe ku mugabane w’Iburayi.

 

Abakinnyi bashya APR FC yasinyishije barimo:Gilbert Mugisha (Rayon), Aimable Nsabimana (Police FC), Hassan Karera (AS Kigali), Ir’shad Nsengiyumva (Marines), Alain Kwitonda (Bugesera) na Bonheur Mugisha (Heroes).

 

Ubuyobozi bwa APR FC bwaganiriye na bamwe mu bakinnyi bari basoje amasezerano bongererwa amasezerano yo gukomezanya na APR FC. Abasinye ni:

 

Rwabuhihi Placide wasinyiye imyaka 3

Manishimwe Djabel wasinyiye imyaka 4

Niyomugabo Claude wasinyiye imyaka 2

Niyonzima Olivier Sefu wasinyiye imyaka 2

Nizeyimana Djuma wasinyiye imyaka 2

 

Ubuyobozi bwa APR FC kandi bwarekuye abakinnyi 03 bari basanzwe muri APR FC barimo:

 

Usengimana Danny

Mushimiyimana Mohammed

Rwabugiri Umar

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *