Umugeni yafashwe yazamuye ikanzu y'ubukwe ari kwihera umu-ex we mu gihe ibirori by'ubukwe byari birimbanyije

Umugeni yafashwe yazamuye ikanzu y'ubukwe ari kwihera umu-ex we mu gihe ibirori by'ubukwe byari birimbanyije

Sep 13,2021

Umukobwa utavuzwe amazina yafashwe ari muri koridoro yo mu nzu y'umusore bakoranye ubukwe, arimo gusambana n'umwe mu bahungu bahoze bakundana (ex).

 

. Umugeni yatunguye abantu ubwo yafatirwaga muri coridoro yazamuye ikanzu y'ubukwe umu-ex amuri inyuma rwahanye inkoyoyo

. Umugeni yibese abaje mu bukwe ajya gusambana n'uwo bahoze bakundana

 

Ibi byabaye muri Nigeria ubwo bamwe bari bitabiriye ubukwe, bari bahugiye ku kunywa no kwishimira ibirori, umugeni yagiye nk'ugiye hanze gato, abandi bakomeza kwinywera.

Uyu mukobwa yari yahanye gahunda n'umu-ex we, abari aho babonye umugeni wari ugiye atinze, bajya hanze ngo barebe uko bimeze.

Mu kumushakisha, basanze ikanzu y'ubukwe yayizamuye, nyamusore yamuhereye inyuma (doggy style) rwahanye inkoyoyo.

Abari aho cyane ko bari biyakiriye mu rugo rushya rw'abageni nk' uko Pulse ibitangaza, barumiwe.

Uwabaguye gitumo ni nyina w'umusore gusa ngo yagerageje kubihishahisha n'ubwo n'abandi babibonye.

Uwatanze amakuru avuga ko uyu mubyeyi yabicecetse kugira ngo ibintu bitazamba ku munsi wakabaye ari uw'ibyishimo.

Abenshi mu babutashye bagiye bajujura bibaza ibyabaye, bavuga ko uwo mu-ex atakabaye yatumiwe ndetse bakibaza uko ejo hazaza ku kwizerana muri urwo rushya hazaba hameze.

Bikomeza kugaruka mu mpaka hagati y'abantu niba koko bikwiriye ko umu-ex atumirwa mu bukwe.

Tags: