Umwarimukazi yatamajwe n’amashusho ari gusambana n’umwana muto yigishaga

Umwarimukazi yatamajwe n’amashusho ari gusambana n’umwana muto yigishaga

Dec 15,2021

. Umwarimukazi yasambanyije umwana yigisha afatwa kubera camera

. Umwarimukazi yafashwe asambana n'umwana yigisha

. Umwarimu yirukanwe ku kazi azira gusambanya umwana yigisha

. Umwarimukazi yabujijwe kwigisha mu mashuri yose nyuma yo gufatwa ahohotera umwana yigisha

. Umwarimukazi yatangaje benshi kubera imyitwarire ye idahwitse

Umwarimukazi w’umusimbura yatawe muri yombi nyuma yo kohereza amashusho bivugwa ko amwerekana ari gukorana imibonano idakingiye n’umunyeshuri utarageza ku myaka y’ubukure.

 

Ayanna Davis, ufite imyaka 20, wari wasimbuye umwarimu w’icyongereza mu ishuri ryisumbuye rya Lakeland muri Floride, muri Amerika, yashyize kuri Snapchat amashusho ari gusambana n’umwana muto wo mu mashuri yisumbuye.

 

Nyuma yo kumuhata ibibazo ku wa gatanu, abapolisi bashinjaga uyu mugore icyaha cyo gusambana n’umuzamu w’ikigo ndetse n’ibyaha byibasiye abanyeshuri bato.

 

Ikinyamakuru New York Post cyatangaje ko Davis yemeye ko yaryamanye n’uyu munyeshuri inshuro enye zitandukanye - kabiri iwe na kabiri iwabo w’uwo mwana w’umuhungu.

 

Gushidikanya byatangiye kwiyongera ubwo amashusho yatangiraga gukwirakwira aturutse mu ikipe y’ikigo y’umukino wa Football Americain , bituma hatangira iperereza.

 

Abayobozi b’ikigo bavuze ko Davis atari umukozi wabo, ahubwo yigishije mu ishuri ryisumbuye rya Lakeland nk’umwarimu usimbura ku masezerano na Kelly Education Services.

 

Abashinzwe uburezi bijeje ababyeyi ko uyu mwarimukazi yabujijwe kuzongera kwigisha mu mashuri yose yo muri ako karere.