Uko amapeti 16 y'igisirikare cy'u Rwanda arutanwa ndetse n'ibirango byayo

Uko amapeti 16 y'igisirikare cy'u Rwanda arutanwa ndetse n'ibirango byayo

Jun 02,2023

Mu gisirikare cy'u Rwanda (RDF), harimo Impeta [amapeti] 16 zihabwa abasirikare baba baragikoreye ibikorwa by'indashyikirwa bitandukanye.

 

. Uko amapeti y'igisirikare cy'u Rwanda akurikirana

. Ibirango bikoreshwa ku mapeti y'ingabo z'u Rwanda

 

Ni byinshi bigenderwaho abasirikare bahabwa amapeti, gusa iby'ingenzi harimo kugaragaza ubumyamwuga mu kazi, kurangwa n'ikinyabupfura ndetse no gukora ibikorwa by'indashyikirwa bihesha ishema igisirikare n'igihugu muri rusange.

Amapeti y’ingabo z’u Rwanda ari mu byiciro bibiri, ariko buri cyiciro na cyo kikagenda kibamo ibyiciro bito.

Ibyiciro bikuru birimo icy’abasirikare bo mu rwego rwa ofisiye (Officers) ndetse n’icyiciro cyo mu rwego rw’abatari ofisiye.

Abasirikare batari abofisiye, amapeti yabo aba agaragara mu buso bw’ibara ry’umukara, mu gihe abofisiye bose amapeti yabo aba agaragara mu buso bw’icyatsi cy’ibara rya gisirikare bakunda kwita "Vert militaire".

Ibirango by'impeta z'abasirikare b'abofisiye biba byiganjemo inyenyeri (zitandukana bitewe n'urwego umusirikare ariho), ikirangantego cy'u Rwanda ndetse n'ibishushanyo by'intwaro.

Abofisiye bahera ku ipeti rya Second Lieutenant kugeza ku rya General ari na ryo riruta ayandi, abatari abofisiye bagahera ku ipeti rya Corpal rito kuruta andi mu gisirikare cy'u Rwanda, kugeza ku ipeti rya Warrant Officer I.

Uko amapeti 16 yo muri RDF arutanwa uhereye ku rito.

1. Corporal

2. Sergeant

3. Staff Sergeant

4. Sergeant Major

5. Warrant Officer II

6. Warrant Officer I

7. Second Lieutenant

8. Lieutenant

9. Captain

10. Major

11. Lieutenant Colonel

12. Colonel

13. Brigadier General

14. Major General

15. Lieutenant General

16. General