Abasore: Ibi bintu nubikora neza utya ntukundwe, uzamenyeko gukundwa atari impano yawe

Abasore: Ibi bintu nubikora neza utya ntukundwe, uzamenyeko gukundwa atari impano yawe

Oct 20,2023

Mu rukundo habamo ibikorwa byinshi byiza bitandukanye umusore agomba gukora kugira ngo yigarurire umutima w’umukobwa burundu akamwihebera ku buryo nta wundi musore yamugereranya na we.

 

Umukobwa nagerwaho n’ibikorwa byawe, byanga bikunze azagukunda kandi uzaguma ube uwe ku buryo ntakindi yazasubira gushaka ahandi kuko azahora yifuza kuba uwawe iteka.

1. Iyiteho wowe ubwawe

Umukobwa azagukunda kubera ko azabona wiyitaho ku buryo budasanzwe. Naba akundana n’abandi basore, akabona ntibiyitaho, wowe ukaba ubarusha kwiyitaho, ntakabuza uzamwegukana.

Umukobwa akunda umusore yanyuza mu bantu, kandi uwo musore agomba kuba yiyitaho, niyo mpamvu rero nawe niba umushaka usabwa kumara umwanya uri kwitunganya kugira ngo ujye umugera imbere usa neza.

2. Ujye utekereza kigabo

Gutekereza kigabo ni ukugira intekerezo zihamye kandi zerekeza ku byiza. Abakobwa bakunda umugabo ufite intekerezo nziza kandi zihamye. Umunsi wakoze aka kantu, uzabasha kuba wowe ndetse umutsindire.

3. Mureke yigenge

Mu magana y’abandi basore bamushaka, akeneyemo umwe, uzamuha umwanya akigenga. Numenya iryo banga uzaba ugiye kumwegukana.

4. Kumuba hafi igihe agukeneye

Umukobwa wese akunda umusore umuba hafi by’umwihariko mu gihe amukeneye. Niba agize ikibazo ukaba umuri hafi, ibi nabyo bizatuma mu gihe kiri imbere umubera umugabo mwiza.