Abagabo babiri barakekwaho kwica abagore babo

Abagabo babiri barakekwaho kwica abagore babo

  • Rwamagana: Umugabo yishe umugore we bavuye gusangira inzoga

  • Gisagara: Umugabo yishe umugore we akoresheje ishoka mu ma saa saba z'ijoro

  • Siborurema Jean de Dieu arashakishwa akekwaho kwica umugore we

Jan 23,2024

Umugabo utuye mu Murenge wa Nyakaliro yaraye akubise Umugore ageze kwa muganga arapfa mu gihe inzego z'umutekano zikomeje gushakisha undi mugabo wo mu karere ka Gisagara nawe wishe umugore we muri iryo joro .

Mu ijoro ryo ku Cyumweru Tariki ya 21 Mutarama 2023 nibwo umugabo uzwi ku izina rya Kabutura yatawe muri yombi nyuma yo gukubita umugore akamugira intere . Nyuma yo gutabwa muri yombi Umugore we yajyanwe ku bitaro bya Rwamagana ariko agezeyo ahita apfa . 

Mu gihe uwo mugabo yatabwaga muri yombi undi mugabo wari utuye mu karere ka Gisagara nawe yishe umugore  we  akoresheje ishoka aratoroka .

Abaturage batuye mu Murenge wa Nyakaliro babwiye InyaRwanda dukesha iyi nkuru ko uwo mugabo wishe umugore yamukubise umwase amushinja kumuca inyuma nyamara muri iryo joro batashye bavuye gusangira inzoga .

Umunyamabanga Nshingwabikowa w'Umurenge wa Nyakaliro, Muhoza Theogene yavuze ko uwo mugabo n'umugore  bigeze kugirana amakimbirane ariko bagaragaraga nkaho biyunze ku buryo yamwishe bari bamaze gusangira inzoga.

Yagize Ati "Bigeze kugirana amakimbirane ariko bari baraganirijwe n'ubuyobozi bw'umudugudu n'akagari ariko ejo biriwe basangira bafatanye ku rutugu ."

Gitifu Muhoza , yakomeje avuga ko nyuma yo kumenya amahano yakozwe n'uwo mugabo batabaye agafatwa ndetse umugore akajyanwa akaba yapfuye agejejweho ku bitaro.

Yagize Ati "Mu masaha ya Saa tanu z'ijoro zishyira Saa sita umwana yagiye kwa mukuru w'uwo mugabo ababwira ko ise arimo gukubita nyina ,mukuru niwe waduhamagaye ,twatabaye arafatwa tumushyikiriza RIB  ndetse uwakubiswe ajyanwa kwa muganga agezeyo ahita apfa ."

Amakuru avuga ko inzego z'umutekano zirimo gushakisha undi mugabo  wabaga mu  karere ka Gisagara  nawe wishe umugore we Saa Saba mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere tariki ya 22 Mutarama 2023 . Uwo mugabo ukekwaho kwica maze agatoroka yitwa Siborurema  Jean de Dieu, afite imyaka 33 akaba yarigeze kuba mu Karere ka Kicikiro, umurenge wa Gatenga , Akagari ka Karambo mu Mudugudu wa Sangwa .