Bivuze iki iyo imitsi yawe itangiye kumera gutya?

Bivuze iki iyo imitsi yawe itangiye kumera gutya?

May 04,2024

Kimwe mu bintu bitera ubwoba abantu ni ukubona iminsi cyane iyo ku maboko itangiye gusa naho ibyimba ariko ifite ibara rijya gusa umukara. Muri iyi nkuru twifashishije inyandiko zizewe mukubategurira amakuru yizewe avuga kucyo bishatse kuvuga Niba bikugaragayeho.

Inzobere zivuga ko ibi bintu bikunda kugaragara cyane ku bantu ariko ntibamenye neza icyo bivuga. Cyane abagabo cyangwa abagore bakunda kujya muri gyms bimwe bita guterura ibyuma nibyo usanga bahura Niki kibazo. Niyo mpamvu twitabaje inzobere mu kubagezaho amakuru yizewe.

Ikindi inzobere zemeza ko harubwo umuntu ashobora kuzana iyo mitsi bitewe numunaniro cyangwa se stress nyinshi mu mubiri we bigatuma iminsi ye utangira guhindura ibara biturutse mu kudatembera neza kwamaraso mu mubiri.

Sibyo gusa kuko ngo iyo mitsi ishobora kuza bikaba bivuze ko amaraso yawe atari gutembera neza mu mubiri uko bikwiye.

ikindi ni uko ngo imyaka nayo ishobora gutuma umuntu azana iyo mitsi cyane iyo ugenda uba mukuru ugenda uhura nibyo bintu byo kuzana imitsi ku maboko cyane cyane.

Kugabanuka kwibinure mu mubiri wawe ni indi mpamvu ishobora gutuma umuntu azana imitsi ifite amabara ku mubiri ariyo mpamvu usanga abantu bakunda kujya muri gym gukora siporo bahura Niki kibazo cyo kuzana iyo mitsi minini cyane ku maboko.

Inzobere zinavuga ko Kandi ubushyuhe bwinshi nabwo bushobora gutuma wisanga ufite imitsi ifite amabara. Banavuga ko Kandi umuntu ashobora kuzana iyo mitsi bitewe nikindi kibazo bityo mu gihe ubona biteye ikibazo ukwiye kwihutira kubimenyesha umuganga akakugira inama yicyo wakora.

Source: fleekloaded.com