Nyuma y'imyaka 3 abivuze Umuhanzi Chriso yujuje BK Arena aba uwa Kabiri uciye aka gahigo mu Rwanda

Nyuma y'imyaka 3 abivuze Umuhanzi Chriso yujuje BK Arena aba uwa Kabiri uciye aka gahigo mu Rwanda

May 06,2024

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ndasingwa Jean Chrysostome wamamaye nka Chryso Ndasingwa, yafashije ibihumbi by’Abakirisitu bari buzuye mu nzu mberabyombi ya BK Arena, kwegera Imana no kuyishimira ubuntu n’ineza yayo y’ibihe byose, ubwo yabamurikiraga Album ‘Wahozeho’.

Ni mu gitaramo gikomeye cyabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 5 Gicurasi 2024. Ku ruhimbi, yafashijwe n’abahanzi barimo Aime Uwimana, Josh Ishimwe, True Promises, Himbaza Club, Papi Clever na Dorcas, Uwineza Rachel, Asaph Ministries International n’abandi.

Uyu muhanzi ukorera ivugabutumwa mu Itorero rya Newlife Bible Church Kicukiro, amaze imyaka igera muri itatu akora umuziki aho yamenyekanye mu ndirimbo zirimo "Ndakwihaye", "Wahozeho", "Ntajya Ananirwa", "Ntayindi Mana", "Wakinguye ijuru", "Ni Nziza" n’izindi.

Igitaramo cya Chryso Ndasingwa cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru, ibintu benshi na we arimo bashimiye Imana cyane ko hari abatari bazi ko bizashoboka ko iyi nyubako ya BK Arena azayuzuza nyuma ya Israel Mbonyi umaze kumenyerwa ko ari we uyuzuza.