Bruce Melody yasubije ku bivugwa na Agasaro uvuga ko babyaranye akaba yaramwimye indezo

Bruce Melody yasubije ku bivugwa na Agasaro uvuga ko babyaranye akaba yaramwimye indezo

  • Bruce Melody avuga ko umwana ari umutware kandi ko hari ibyo agombwa

  • Agasaro ashinja Bruce Melody kumutererana akamwima indezo y'umwana babyaranye

May 24,2024

Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie, yasubije Agasaro wamusabye indezo y’umwana avuga ko babyaranye, aho yatangaje ko guhera ubu nta kibazo cy’umwana azongera kuzana mu itangazamakuru cyane cyane iby’uko bari kumusaba indezo y’umwana, kuko umwana ari umutware.

Mu mpera z’ukwezi gushize, nibwo umukobwa witwa Agasaro Diane yongeye guhagurukira uyu muhanzi uri mu bakunzwe cyane mu Rwanda, aho yavugaga ko ashaka indezo y’umwana w’umukobwa avuga ko babyaranye bitaba ibyo akamujyana mu butabera, kuko agomba kuzuza inshingano nk’umugabo.  

Kuri uwo munsi kandi hatangiye gusakara ibaruwa yandikiwe umuhanzi Bruce Melodie na 1:55 AM, yasabaga uyu muhanzi kuzuza inshingano ze nk’umugabo.  

Umuhanzi Bruce Meleodie binyuze kuri 1:55 AM Media yatangaje ko icyo kibazo cy’indezo nta kintu yakivugaho kuko umwana hari uburenganzira aba agombwa.  

Yagize ati “Ibintu birimo abana ntabwo nkibivugaho cyane, kera ntaraba umuntu mukuru najyaga mbiganiraho ariko aho maze gukurira namenye ko umwana ari umutware mpita ndekera, nanabasezeranya ko uretse n’uyu munsi n’ikindi gihe ntazabivugaho.”

Kuri ubu Bruce Melodie akaba ari kubarizwa mu gihugu cya Nigeria aho yagiye gufatira amashusho y’indirimbo ye ’Suweto’ imwe mu ndirimbo zizaba ziri kuri Album ye yitegura gusohora yitwa ‘Sample.’