Mu gihe benshi babazaga uko bizarangira Sandra Teta na Weasel bakoze ikintu cyatunguye benshi nyuma yo kumugonga ku bushake
Sandra Teta uri mu bagore bakanyujijeho mu Rwanda ubu usigaye aba muri Uganda aho yashakanye n’umuririmbyi Weasel, we n’umugabo we bavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga benshi nyuma yo kugaragara bishimanye, mu gihe hashize iminsi mike amugonze n’imodoka akajya mu bitaro.
Ibi byagaragaye mu mashusho yagiye hanze, Sandra Teta na Weasel bahuje urugwiro, bamwe bavuga ko nta wukwiriye kujya yivanga mu by’abagabo n’abagore, mu gihe abandi bavuze ko nibadacungirwa hafi bazashiduka umwe yishe undi.
Hari n’uwanditse ati “Keretse umwe niyica undi, aba bo ntibazatandukana. Ni ibyago kuri bo ubwabo.’’
Undi ati “Isomo ryo kwiga: Ntuzigere utanga igitekerezo kijyanye no kurwana cyangwa urugomo hagati y’abashakanye. Ku iherezo, burya buri gihe barasubirana, bagakomeza “urukundo” rwabo.’’
Weasel yagiye mu bitaro ku wa 7 Kanama 2025 nyuma yo kugongwa n’umugore we, Teta Sandra, bari bagiranye amakimbirane. Teta Sandra yahise atabwa muri yombi, gusa yaje kubabarirwa n’umugabo we, Polisi ifata icyemezo cyo kumurekura.
Umwe mu bari aho byabereye yabwiye Polisi ko Teta Sandra yagonze inshuro eshatu umugabo we Weasel bituma agira imvune ku kuguru, ibi bikaba byarabereye ku kabari kitwa Chans gaherereye i Munyonyo.
Teta Sandra na Weasel batangiye kubana mu 2018, kugeza ubu bafitanye abana babiri n’ubwo umubano wabo waranzwe n’induru za hato na hato, kugeza ubwo mu 2022 uyu mugore yahukaniye mu Rwanda.
Soma n'iyi: Weasel waherukaga kugongwa n'umugore we Sandra Teta yasezerewe mu bitaro
Muri Mata 2023, Teta Sandra yaje gusubira muri Uganda yiyunga n’umugabo we ndetse muri Gicurasi 2025 Weasel yari i Kigali aho yari yitabiriye igitaramo cya mukuru we, Jose Chameleone. Icyo gihe yabwiye IGIHE ko ateganya gusura umuryango w’umugore we.
