Tangira umunsi wawe n’amakuru agezweho

Tukugezaho amakuru agezweho yo hirya no hino ku isi, akazi kasohotse ndetse n’amazu, ibibanza ndetse n’imodoka bigurishwa make.

  • Gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ikomeje kuba ihurizo rikomeye ku butegetsi bwa Sunak

    Guverinoma y’Ubwongereza iri mu kazi ko kwemeza (kumvisha) abadepite, ku kigero kitarabaho kuva Rishi Sunak yaba Minisitiri w’intebe, kugira ngo batore umushinga wo kuzana abimukira mu Rwanda. Abadepite hafi 20 batumiwe muri Number 10, irindi zina ry’ibiro bya minisitiri w’intebe, mbere na mbere kugira ngo basangire ku ifunguro rikoze mu bigori (cornflakes) cyangwa wenda…

  • KNC yatangiye kunyuza umweyo muri Gasogi United nyuma yo kunyagirwa na Mukura Victory Sports

    Nyuma y’iminsi mike asezeranyije impinduka muri Gasogi United,KNC yatangiye kwirukana abakinnyi batatanze umusaruro aho kuri uyu wa mbere hagiye babiri. Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 11 Ukuboza 2023, ni bwo Gasogi United FC yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo ishimira bamwe mu bakinnyi bayo. Uwabanje gushimirwa ni Maxwell Lavel Djumekou uheruka gutsinda igitego…

  • Dore ibyago bikomeye biterwa no gutekesha amavuta incuro irenze

    Inzobere mu mirire Benimana Jean Sauver, ukorera ku bitaro bya Ruhengeryabwiye Kigali Today kuri zimwe mu ngaruka ziterwa no gutekesha amavuta inshuro zirenze imwe. Muri icyo kiganiro,yavuze ko ibi bigira ingaruka nyinshi zirimo nko kurwara indwara zidakira zirimo umutima, imitsi, Diyabete, umuvuduko w’amaraso ndetse na Kanseri, ibibazo by’urwungano ngogozi, ndetse bishobora no kuba intandaro…

  • Uburusiya bwafashe ibitwaro byinshi Amerika yahaye Ukraine

    Intambara y’Uburusiya na Ukraine ikomeje gufata indi ntera dore ko ibihugu by’iburengerazuba nabyo byamaze kwijandika muri iyi nambara, gusa kugeza ubu Uburusiya bwamaze gufata intwaro za Ukraine zari zoherejwe n’ibi bihugu by’Iburengerazuba. Ibi byagaragajwe cyane n’amashusho yafashwe agasakazwa ku mbuga nkoranyambaga.bagaragaza ko Abasirikare b’u Burusiya bari muri Ukraine bafashe intwaro nyinshi zakorewe mu bihugu…

  • Perezida Kagame yahishuye icyo azaha abuzukuru be mu minsi mikuru isoza umwaka

    Perezida Kagame yavuze ko mu minsi mikuru isoza umwaka igiye kuza,azaba ari kumwe n’umuryango we ndetse bakishimisha. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Ukuboza 2023, ubwo yari mu birori byo gusoza icyiciro cya gatatu cy’amarushanwa ya Hanga Pitchfest. Umuyobozi w’Ikigo gifasha abanyeshuri kugira ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo mu Rwanda, BAG Innovation,…

  • Gen. Bunyoni yakatiwe igifungo cya burundu agenda akubita agatoki ku kandi

    General Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’Uburundi yakatiwe gufungwa ubuzima bwose [burundu] n’urukiko rw’ikirenga. Urubanza rwe rwasomewe muri gereza ya Gitega aho asanzwe afungiwe. Bunyoni yahamwe n’ibyaha byose uko ari birindwi yashinjwe birimo kugerageza kwica umukuru w’igihugu, guhirika inzego zatowe n’abaturage, guhungabanya ubukungu bw’igihugu no kurya ruswa. Ibyo byose we na bagenzi…