Ni inshuro nyinshi tubona abakinnyi b’umupira wa maguru cyane cyane abo ku mugabane w’iburayi bazana abakunzi babo ku bibuga ndetse baba batsinze bagafatanya kwishimira intsinzi ari nako babatera ingabo mu bitugu iyo bitagenze neza.
Kuri ubu no mu Rwanda uyu muco abakinnyi bamwe bamaze kuwugira aho kuba bafite abakunzi bitakiri ubwiru. Mu mafoto atandukanye irebere uburanga bwa Umutoni Nadia umukobwa uri mu rukundo na Niyomugabo Claude Kapiteni wa APR FC aba bombi bakaba bamaze igihe kigera ku myaka 3 bari mu munyenga w’urukundo.
Iyo usuye imbuga nkoranyambaga zuyu mukobwa ubona ko inshuro nyinshi aza kuri Stade gushyigikira umukunzi we Niyomugabo Claude ndetse akaba adahisha urukundo rukomeye amukunda.
Leave a Reply