,

AFC/M23 yahaie CICR ingabo 5000 bya FARDC yafatiye ku rugamba

Posted by

Ihuriro rya AFC / M23 ryatangaje ko ko ryongeye gushyikiriza Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC) abasirikare barenga 5.000 mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bafatiwe mu bice bitandukanye ku rugamba.

Itangazo rya AFC/M23 rivuga ko aba basirikare bazasubizwa i Kinshasa bigizwemo uruhare na CICR.

Umuhango wo gutanga abo basirikare biravugwa ko wabaye ku wa Mbere, itariki ya 2 Werurwe 2026, ubera mu Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Binyuze muri iki gikorwa, AFC / M23 ivuga ko yongeye gushimangira ko yiyemeje kubahiriza ibyo yiyemeje mu rwego rwo kubaka icyizere no kugira uruhare mu kugabanya amakimbirane, hakurikijwe amahame y’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.

“Icyakora, mu gihe AFC / M23 irimo gufata ingamba zifatika zo kugabanya amakimbirane, ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gutsimbarara. Bukomeje kwanga irekurwa rya bagenzi bacu, kimwe n’abandi bafunzwe bafashwe mu buryo butemewe n’amategeko kubera gusa isura yabo”, ibi ni bimwe mu bikubiye muri iri tangazo.

Rikomeza rigira riti: “Muri icyo gihe, Kinshasa ikomeje kurenga ku guhagarika imirwano kandi yashoje intambara kuri AFC / M23, yibasira abasivili n’umutungo wabo.”

Mu guhangana n’iki kibazo, AFC / M23 irasaba abunzi n’abafatanyabikorwa mu gihugu ndetse n’abanyamahanga ko Kinshasa ikomeje kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano ry’imirwano kandi yayishojeho intambara.

Yongeye gushimangira ko amaraso y’abaturage ba Congo yamenwe na Perezida Félix Tshisekedi atazirengagizwa cyangwa ngo birangire gutyo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *