Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ari “ishema rikomeye” kuba arimo kwica abo mu butegetsi bwa Iran
Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 13 Werurwe 2026, Perezida Donald Trump yanditse ku rubuga rwe Truth Social ati: “Turimo gusenya nyabyo ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran, igisirikare, ubukungu n’ibindi.
Igisirikare cya Iran cyagiye, igisirikare kirwanira mu kirere nta kigihari, za misile, n’ibindi byose birimo gusibwa, kandi n’abategetsi babo bavanywe ku isura y’isi.
Hagati aho Iran yo ikomeje ibitero byo kwihimura kuri Israel n’ibihugu bituranye na yo aho Amerika ifite ibirindiro by’ingabo.
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ubu kirimo guhangana n’ibitero bya za misile zarashwe na Iran zerekeza kuri Israel
Intabaza ziburira rubanda zumvikanye mu bice byibasiwe muri Israel kandi ubutumwa bwo kuri telephone bubwira abantu kujya mu bwihisho bwoherejwe mu bice bitandukanye bya Israel, nk’uko ingabo zibivuga.
Trump we yavuze ko Amerika ifite intwaro “zitagereranywa, n’igihe gihagije” – ati: “Murebe ibigiye kubabaho uyu munsi”.
Aterekanye ibihamya, Trump ashinja abategetsi bwa Iran “kwica inzirakarengane” mu myaka 47 ishize.
Ati: “None ubu, njyewe Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndimo ndabica. Mbega ibintu biteye ishema gukora!”.
Hari abantu bashyigikiye ibikorwa n’amagambo ya Trump, mu gihe abandi bamunenga gushora isi mu ntambara, ubwicanyi ku basivile, no guteza ingaruka mbi kuri benshi ku isi.








Leave a Reply