Imyigaragambyo yagutse yo kwamagana ubuyobozi bwa Trump yabereye mu mijyi yo muri Amerika itandukanye, bikaba bibaye ku nshuro ya gatatu habaye iyi myigaragambyo yiswe “No Kings” mbere yigeze gukurura abantu amamiliyoni.
Abategura iyi myigaragambyo bavuga ko bigaragambije bamagana politiki za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, zirimo intambara yo muri Iran, iy’abinjira n’abasohoka muri Amerika ndetse n’izamuka ry’ikiguzi cy’imibereho.
Abateguye iyi myigaragambyo bagize bati: “Trump arashaka kudutegeka nk’umunyagitugu. Ariko iyi ni Amerika, kandi ubutegetsi ni ubw’abaturage ntabwo ari ubw’abashaka kuba abami cyangwa abaterankunga babo b’abaherwe.”
Umuvugizi wa White House, we mu Cyongereza, yise imyigaragambyo “Trump Derangement Therapy Sessions” maze avuga ko abantu bayitaho gusa “ari abanyamakuru bahembwa kugira ngo bayikurikirane” nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.
Iyi myigaragambyo yabereye mu mijyi hafi ya yose minini muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, irimo New York, Washington ndetse na Los Angeles.








Leave a Reply