, ,

Cameroun: Paul Biya umaze imyaka 44 ku butegetsi yagize umuhungu we Visi Perezida anamuha kuyobora igisirikare cyose

Posted by

Umuhungu wa Paul Biya yagizwe Visi Perezida

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yafashe icyemezo cyateje impaka zikomeye nyuma yo gushyira umuhungu we, Franck Emmanuel Biya, ku mwanya wa Visi Perezida w’Igihugu ndetse anamugira Umukuru w’Ingabo zose.

Ibi byemejwe n’iteka ryasohotse ku wa 4 Mata 2026, rinagaragaza ko Franck Biya yagizwe Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya umushyira ku isonga mu bijyanye n’umutekano w’igihugu.

Iryo teka rigira riti: “Bwana Franck Emmanuel Biya agizwe Visi Perezida wa Repubulika ya Cameroun.” Rikomeza rivuga ko ari nawe uzayobora Ingabo zose z’igihugu, ndetse akanaba umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’Ingabo.

Perezidansi ya Cameroun yatangaje ko izi mpinduka zakozwe hashingiwe ku mategeko agenga igihugu n’inzego z’umutekano, ivuga ko byatewe n’“ibikenewe mu kazi ka Leta,” kandi ko byihutishijwe gushyirwa mu bikorwa.

Icyakora, iri zamuka rya Franck Biya rije mu gihe Paul Biya aherutse kongera gutorerwa kuyobora Cameroun muri manda ya munani, ibintu byavuzweho cyane kubera imyigaragambyo n’impaka zagaragaye mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Mu matora aheruka, Biya yatsinze ku majwi 54%, atsinda uwo bahanganye Issa Tchiroma Bakary wagize 35%. Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yahakanye ibyavuye mu matora, avuga ko habayemo uburiganya, nubwo Leta yabiteye utwatsi.

Inama Nkuru y’Itegeko Nshinga ya Cameroun yatesheje agaciro ibirego byinshi byari byatanzwe ku matora, ivuga ko nta bimenyetso bihagije byatanzwe cyangwa ko nta bubasha ifite bwo kubisuzuma.

Paul Biya amaze kuyobora Cameroun kuva mu 1982, nyuma yo gusimbura Ahmadou Ahidjo. Kuri ubu, hari abakomeje kunenga ubuyobozi bwe bavuga ko ari kurushaho gukomeza kwikubira ububasha, cyane cyane mu rwego rwa politiki n’umutekano.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *