Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yirukanye Col Abdul Rugumayo wari umukuru wungirije w’ubutasi bwa gisirikare amusimbuza Brig. Gen Oscar Munanura.
Ibitangazamakuru byo muri Uganda bivuga ko hatazwi icyatumye Rugumayo wari muri ziriya nshingano yari yarahawe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri 2022 yirukanwa.
Ni inshingano yari yarasimbuyeho Brig Gen Charles Asiimwe.
Mu myaka ine Rugumayo yari amaze ari umuyobozi wungirije w’ubutasi bwa Uganda, yakoranye na benshi bari bamukuriye barimo Maj. Gen James Birungi umaze igihe afunze.
Birungi yatawe muri yombi mu mwaka ushize wa 2025, nyuma gato yo gusimburwa ku nshingano yari afite na Maj. Gen Richard Otto.
Brig Gen Oscar Munanura wasimbuye Rugumayo, na we azwi cyane mu butasi bwa Uganda dore ko yari asanzwe ari umuyobozi wungirije w’ubutasi ushinzwe kurwanya iterabwoba.
Mu mwaka ushize wa 2025 ni bwo yari yazamuwe mu ntera, agirwa Brig. Gen avanwe ku ipeti rya Colonel.








Leave a Reply