Amakuru aturuka mu butegetsi bw’u Burundi aravuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yemeye kurekura Général Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu, nyuma yo gushyirwaho igitutu na Tanzania ndetse na ba Jenerali bakomeye mu gihugu cye.
Muri uku kwezi kwa Werurwe ni bwo Gen. Bunyoni, yafunguwe nyuma y’imyaka itatu yari amaze afunzwe.
Uyu mugabo wanigeze kuba Umuyobozi wa Polisi y’u Burundi ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri iki gihugu, yafunguwe mu gihe yari yarakatiwe igifungo cya burundu n’Urukiko rw’Ikirenga.
Byari nyuma yo guhamywa ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’igihugu; guhungabanya ubutunzi bw’igihugu; kubona inyungu z’akazi mu buryo bunyuranyije n’amategeko no gushaka kwica Perezida Evariste Ndayishimiye.
Bunyoni ubwo yarekurwaga muri uku kwezi byiswe ko yarekuwe by’agateganyo kugira ngo ajye kwivuza, gusa ishyirahamwe FOCODE biciye muri Pacifique Nininahazwe uriyobora akanaba uwakunze gukurikiranira hafi ikibazo cy’uriya mugabo, ryemeje ko yamaze kurekurwa burundu; dore ko yanarekuwe mu gihe yari yatangiye koroherwa.
Amakuru avuga kandi ko mu gihe imitungo yose ya Bunyoni yari yarafatiriwe na Leta, kuri ubu yamaze gutangira kuyisubizwa.
Nininahazwe avuga ko Bunyoni yarekuwe, mu gihe amakuru yahawe n’abantu begereye Ndayishimiye ari uko yari yararahiye ko atazigera arekurwa na rimwe, keretse ari uko Perezida w’u Burundi yamaze kugera mu mva.
FOCODE ivuga ko ifite amakuru y’uko Bunyoni yarekuwe bigizwemo uruhare na Tanzania ndetse na ba Jenerali bo mu Burundi.
Nininahazwe uyiyobora yagize ati: “Amakuru dufite ni uko inzira byaciyemo ari ebyiri. Inzira ya mbere ni uko muri CNDD-FDD itsinda risa n’aho ririmo riravuka, rishyira igitutu kuri Ndayishimiye bamubwira ko kugira ngo u Burundi bukire bisaba gusubira hamwe kw’Abarundi.”
Mu byo ngo iri tsinda risaba Ndayishimiye, harimo kurekura imfungwa zose za Politiki, kureka abahunze bagatahuka no gukuraho impapuro zo guta muri yombi ubutegetsi bwe bwashyiriyeho bamwe mu Barundi bahunze igihugu.
Ni itsinda ngo rigizwe na ba Jenerali bakomeye mu gihugu, ba Colonel n’abandi ba Ofisiye bakuru abahoze ari abarwanyi mu nyeshyamba za CNDD-FDD basaba ko amakimbirane ari muri ririya shyaka yarangira, mbere y’uko mu Burundi haba amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2027.
Nininahazwe yakomeje agira ati: “Uruhande rwa kabiri ni uko ejo bundi aho Perezida Ndayishimiye agiriye muri Tanzania, mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yabaye ku wa 7 Werurwe…, bamwe mu begereye ubutegetsi bavuga ko icyo gihe Tanzania na yo yamushyizeho igitutu, imubwira ko agomba kurekura Bunyoni. Mu bategetsi ba Tanzania hari abafite inyungu mu Burundi, kandi muri izo nyungu hari izihura na Gen. Bunyoni.”
Abategetsi ba Tanzania ngo beruriye Ndayishimiye ko niba yifuza ko bakomeza kumushyigikira, na we yagombaga kubanza kurekura Bunyoni uhagarariye inyungu zabo mu Burundi.
Tanzania bivugwa ko yagize uruhare mu irekurwa rya Bunyoni, mu gihe ubwo yarimo araburanishwa ubushinjacyaha bwamushinje kohereza intumwa mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riyoboye Tanzania ngo rizamuhe ubufasha bwo guhirika Ndayishimiye.








Leave a Reply