Perezida Trump yiyemeje gufunga abanyamakuru basohoye amakuru y’urugamba yari yagize ibanga

Posted by

Trump yavuze ko azafunga abanyamakuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora guta muri yombi abanyamakuru batangaje bwa mbere ko hari indege ya Amerika yarasiwe muri Iran, kandi umwe mu ba pilote ataraboneka.

Ibi Trump yabitangaje ku wa Mbere tariki 6 Mata 2026, mu kiganiro cyamuhuje n’abanyamakuru.

Indege yavugaga ni iyarashwe ku wa 3 Mata 2026 n’Ingabo za Iran, umwe mu bapilote abanza kuburirwa irengero, ariko nyuma Amerika ibasha kumutabara.

Muri iki kiganiro, Perezida Trump yikomye ibinyamakuru byatangaje aya makuru bwa mbere, avuga ko ashobora gufunga ababigizemo uruhare.

Ati “Twari twabigize ibanga mu gihe kirenga isaha, ubundi umuntu araza ashyira hanze aya makuru, kandi Twizeye ko tuzamufata. Turi gukoresha imbaraga nyinshi ngo dufate uwabitangaje. Turi kujya mu bigo by’itangazamakuru byabisohoye mbere, ubundi tukababwira tuti ‘ni ku mpamvu z’umutekano, mutubwire cyangwa mujye muri Gereza’.”

Trump yavuze ko ibyakozwe n’ibi binyamakuru byashoboraga gushyira umutekano w’igihugu mu kaga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *