Mu gitondo cyo ku Cyumweru, Umugabo w’imyaka 31 y’amavuko witwa Shamar Elkins yishe arashe abana umunani, barindwi muri bo bakaba bari abe. Aba bana biciwe mu Mujyi wa Shreveport, muri Leta ya Louisiana.
Polisi yatangaje ko aya ari amahano akomeye akozwe mu myaka ya vuba muri Amerika, ivuga ko igikorwa nk’iki cyaherukaga kuba mu 2024.
Mu bahitanywe n’iki gitero harimo abakobwa batanu n’abahungu batatu bari mu kigero cy’imyaka kuva kuri itatu kugeza kuri 11. Barindwi mu bana bitabye Imana bavukanaga, mu gihe uwa munani yari mubyara wabo.
Muri iki gitero, umuhungu w’imyaka 13 yabashije gutoroka asimbuka aturutse hejuru y’inzu, agira imvune idakanganye. Abagore babiri na bo bakomerekeye bikomeye muri uku kurasa.
Amakuru avuga ko uyu mugabo yabanje kurasa umugore we, ari na we nyina w’abo bana barindwi, amusigana ibikomere bikabije. Nyuma yaje kujya mu yindi nzu aho ba bana bari bari kumwe n’undi mugore na bo arabarasa, uyu mugore na we akaba afite ibikomere bishyira ubuzima bwe mu kaga.
Polisi ntiyatangaje icyateye uyu mugabo kurasa abo bantu ariko yatangaje ko abantu baba bakwiye gukurikiranwa bakitabwaho, mu gihe ubuzima bwabo bwo mu mutwe butameze neza bikamenyekana amazi atararenga inkombe.
CNN yatangaje ko camera y’umutekano mu baturanyi yafashe amashusho y’uyu mugabo ari guhunga asohoka mu nzu nyuma yo kurasa aba bana, yiruka yerekeza ku iduka ry’amapine riri hafi aho.
